Author: Bagemahe Clement

Impamvu Bishop Nyirinkindi na Bishop Twagirimana Charles nta n’umwe ukwiriye kuyobora idini rya “EDNTR” (aba de Dieu)

Impamvu Bishop Nyirinkindi na Bishop Twagirimana Charles nta n’umwe ukwiriye kuyobora idini rya “EDNTR” (aba de Dieu)

Amakuru, Sesengura
Nyuma y’aho mu idini rya “EDNTR” hashize iminsi bigaragara ko uwitwa Bishop Nyirinkindi Euphraim umaze igihe mu buyobozi  na Bishop Twagirimana Charles barwanira kuyobora iri dini, ikinyamakuru impamba.com cyakusanyije amakuru mu bakristu batandukanye bagihamiriza ko aba bose bafite imiziro itabemerera kuba abavugizi b’iri Torero. Muri uku gukusanya aya makuru icyo aba bakristu bagarukaho ni uko Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB) rukwiriye gukora ibishoboka byose kugira ngo Bishop Nyirinkindi na Bishop Twagirimana bose ntihazagire uwemererwa kuyobora “Église de Dieu du Nouveau Testament au Rwanda” (EDNTR) (rizwi ku izina ry’aba de Dieu) kubera ibyo banengwa birimo kutaba inyangamugayo. Ikinyamakuru impamba.com cyavugishije Bishop Nyirinkindi na Bishop Twagirimana Charl
ADEPR Gasabo yishyuriye Mitiweli abatishoboye basaga 336

ADEPR Gasabo yishyuriye Mitiweli abatishoboye basaga 336

Amakuru
ADEPR Gasabo Paruwase ya ADEPR Mukuyu yishyuriye ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé) abantu 336 bo mu Murenge wa Bumbogo mu Kagari ka Nkuzuzu,iki gikorwa kikaba cyarishimiwe n’ubuyobozi. Yvonne Banamwana umukozi w’Akarere ka Gasabo ufite mu nshingano ze ubwisungane mu kwivuza (mutuweri) waje uhagarariye ubuyobozi bw'Akarere yagize ati" ADEPR nk’umufatabikorwa uri kwisonga, isanzwe ikora ibikorwa byinshi muri aka karere nko kubaka amashuri,kubaka “Humany security”, kubaka ubwiherero,kubakira abatishoboye inzu, gutanga mituweri, ni yo mpamvu ubutumwa nahawe n'ubuyobozi by’umwihariko kuri ADEPR Gasabo, ari ugushimira ubufatanye bwiza Akarere gafitanye na ADEPR ku gikorwa nk’iki cyo kwishyura miliyoni imwe n'ibihumbi bibiri by'amafaranga y’u Rwanda (1,002,000frw) ku batishoboye 3
Rev. Rutayisire  yahize imihigo 5 izamufasha kuyobora ADEPR Akarere ka Gasabo

Rev. Rutayisire yahize imihigo 5 izamufasha kuyobora ADEPR Akarere ka Gasabo

Iyobokamana
Umushumba wa ADEPR Akarere ka Gasabo Rev. Rutayisire Pascal yakiriwe n'Abashumba ba za Paruwase,abakuru b'Itorero, abavugabutumwa n'abakirisitu bahagarariye abandi muri ADEPR  Itorero ry'Akarere ka Gasabo. Mu ijambo rye, yavuze ibintu 5 bizamufasha kwesa imihigo mu iterambere rya ADEPR Akarere ka Gasabo, ati" muri Gasabo nahabaye Umuvugabutumwa nahabaye umupasiteri kuko muri aba bashumba mubona,harimo abanyinjije mu inshingano, nka Rev Rugema na Rev Abias kugeza mbaye Umushumba,bityo, kuba nje kuyobora Akarere ka Gasabo kagizwe nama Paruwase 20, ndisanga”. Ibyo Rev. Rutayisire Pascal yahize “1.Nje nka mwene so muri Kirisitu Yesu kandi nk'umuvandimwe wanyu  nzabana nawe mu masengesho kenshi kandi imikoranire izaba imbere. Inama zanyu zizamfasha gukora ibikorwa byinshi by’i
Aho icyicaro cy’ihuriro ry’amadini “Alliance Evangelique au Rwanda” kibarizwa i Ndera hateye agahinda (yavuguruwe)

Aho icyicaro cy’ihuriro ry’amadini “Alliance Evangelique au Rwanda” kibarizwa i Ndera hateye agahinda (yavuguruwe)

Sesengura
Nsanga RGB n'inzego z’ibanze barafunze insengero zidafite inyubako zijyanye n’igihe,bibagirwa iy'ibiro bikuru by'Ihuriro ry'Amadini ya Gikristu mu Rwanda ari yo "Alliance Evangelique au Rwanda", nyuma yo kuhagera ngasanga rikorera ahantu hameze nko mu itongo. Ihuriro ry'Amatorero n'amadini Alliance Evangelique au Rwanda risanzwe rikora ibikorwa birimo guharanira amahoro mu banyarwanda ,gutanga inyishigisho z'ubumwe n'ubwiyunge , imishinga yafasha amatorero kwiteza imbere . Iri huriro ryakoze umurimo ukomeye nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi kuko ryagiye rishyigikira ukubaho kw'amadini n'amatorero mu Rwanda hagamijwe kwigisha ubumwe n'ubwiyunge , ndetse no kwishyira hamwe mu bikorwa byo gusengera igihugu . Iri huriro kandi rikaba rikorana umunsi ku wundi n'amatorero abarizwa
ADEPR yasohoye amabwiriza mashya akumira abayoboke bayo kwitwara uko bishakiye no gusenya iterambere ry’Itorero

ADEPR yasohoye amabwiriza mashya akumira abayoboke bayo kwitwara uko bishakiye no gusenya iterambere ry’Itorero

Iyobokamana
Mu itorero rya ADEPR hasohotse amabwiriza mashya asaba abayoboke bayo kuyagenderaho, ibi bije nyuma  y'uruhurirane rw'ibibazo by'ingutu byagaragaye mu buyobozi bwa ADEPR bigatera abayoboke bayo guta icyizere kuri aba bayobozi bagaragaweho n'umugayo bamwe  muribo bagakurwa ku bupasitoro bakanacibwa no muri ADEPR kuko batajya ku igaburo ryera. Umunyamakuru wa impamba.com akimara kumenya iby’aya mabwiriza mashya,yabajije Rev.Karuranga Ephrem Umuvugizi wa ADEPR icyo aya amabwiriza mashya yo ku wa 16/03/2018  agamije, icyo aje gukemura ,maze agira ati" ni byo koko twashyizeho amabwiriza mashya avuguruye ashingiye no ku mirongo ya Bibiriya mu rwego rwo gukumira bimwe bitera abayoboke bamwe kwifatanya nabagira umugambi wo gusenya Itorero”. Akaba yarashimangiye ko udashoboye kuyagenderah
Umuvugizi w’Itorero rya ADEPR yakoze ihinduranya mu bashumba bayoboye Indembo n’ab’uturere.

Umuvugizi w’Itorero rya ADEPR yakoze ihinduranya mu bashumba bayoboye Indembo n’ab’uturere.

Amakuru
Izi mpinduka zateguwe tariki ya 6 Kanama 2019 nk’uko tubikesha itangazo ADEPR yashyize ahagaragara risinyweho n’umuvugizi wa ADEPR ari we Rev Karuranga Euphrem. *ABASHUMBA B’INDEMBO* Iburasirazuba ni Rev.Kalisa Emmanuel yayoboraga amajyepfo Amajyepfo ni Rev. Ndimubayo Charles yayoboraga amajyaruguru Amajyaruguru ni Rev.Murindahabi Canisius yayoboraga Akarere ka Rurindo. Uwayoboraga ururembo rw’iburasirazuba Rev.Bizimana Augustin yagizwe umukozi mu biro bikuru bya ADEPR aho azakora nka DEVE asimbuye Past Rudasingwa Claude *ABASHUMBA B’INDEMBO BUNGIRIJE* Amajyepfo ni Rev.Ruzibiza Viator yari yungirije amajyaruguru Iburengerazuba ni Rev.Karayenga Jean Jacques yari yungirije amajyepfo Amajyaruguru ni Rev. Ndikumana Godefroid yariyungirije iburasirazuba Ib
NDUBA: Bizihije Umunsi Mukuru w’Umuganura (menya amateka y’uyu munsi)

NDUBA: Bizihije Umunsi Mukuru w’Umuganura (menya amateka y’uyu munsi)

Amakuru
Mu Mudugudu wa Ruhetse, Akagari ka Gasanze, Umurenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, abaturage bizihije Umunsi Mukuru w’Umuganura, ikinyamakuru impamba.com cyabateguriye amwe mu mateka y’uyu munsi Mukuru u Rwanda rwizihije tariki ya 2 Kanama 2019. Musasangohe Providence,Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nduba mu kiganiro yagiranye n'impamba.com yavuze icyo Umunsi Mukuru w’Umuganura uvuze kuri we ati" kuri njye,umuganura ni Ishusho y’ubumwe bw’Abanyarwanda uko kera bahuraga bagasangira ku byo bejeje nk’ibishimbo, amasaka, amata, kuko babeshwagaho n'ubuhinzi n’ubworozi by’umwihariko umwami yasangiraga n'abenegihugu, umuganura byari ikimenyetso cyo kwishimira umwero ibyo abenegihugu bejeje kandi bakaboneraho n'umwanya wo gufata ingamba”. RWARAKABIJE Théoneste, Umuyobozi
Gitifu wa Biryogo arashinjwa gushaka gusenya Koperative “United Street Promotion”

Gitifu wa Biryogo arashinjwa gushaka gusenya Koperative “United Street Promotion”

Amakuru
Ndayambaje Karima Augustin, Gitifu w'Akagari ka Biryogo mu Murenge Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali aratungwa agatoki mu gusenya Koperative yitwa "United Street Promotion Coperative" (USPC) izwiho gucuruza ibihangano by’abahanzi no kubirengera, agashyigikira iyitwa "Unity Gospel Music" (UGM) ikorana n’abahanzi baririmba indirimbo z’Imana, bivugwa ko itagira ipatanti, ikaba itanatanga umusoro. Ikinyamakuru impamba.com kikimara kumva aya makuru muri aka Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Nyarugenge, cyegereye abanyamuryango b’iyi koperative “United Street Promotion” ikora ibyo kugurisha no gucuruza ibihangano muri rusange by’abahanzi mu nyubako ya “Maison trésor” mu Biryogo, bavuga ko batabaza inzego za leta kugira ngo zibarenganure. Ushyirwa mu majwi mu gushaka gusenya iyo Koperativ
Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abanyamakuru ba Gikristo mu Rwanda arakora ubukwe kuri iki Cyumweru

Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abanyamakuru ba Gikristo mu Rwanda arakora ubukwe kuri iki Cyumweru

Imyidagaduro
Arnaud Ntamvutsa, Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abanyamakuru ba Gikristo mu Rwanda (Christian Media Forum-CMF), akaba n’umuyobozi wa Urugero Media Group Rwanda, arakora ubukwe na Umutoniwase Jane bakunda kwita (Tonny) w’umuririmbyi muri “Kingdom of God Ministries” kuri iki Cyumweru tariki ya  28 Nyakanga 2019, mu Mujyi wa Kigali. Gusezerana imbere y’ Imana biraba  saa munani n’igice ku Kicukiro mu Kagarama muri “Eglise Evangelique des Frères en Christ” naho abatumiwe bakaba bagomba kwakirirwa muri  Rainbow Hotel mu Karere ka Kicukiro. Bitegenyijwe ko ubukwe bwa Arnaud Ntamvutsa na Tonny bugomba kwitabirwa n’ ibyamamare bitandukanye.
Umukobwa ushinja “Bosebabireba” kumutera inda no kumutererana yabaye umuhanzi

Umukobwa ushinja “Bosebabireba” kumutera inda no kumutererana yabaye umuhanzi

Imyidagaduro
Ruth Muhayimana umukobwa bivugwa ko yatewe inda n’umuhanzi Bosebabireba, nyuma akamwihakana ubu nawe yateye ikirenge mu cye akaba yatangiye kuririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel). Mu myaka ibiri ishize nibwo humvikanye amakuru y’uko umuhanzi wa “Gospel” Uwiringiyimana Theogene bita “Bosebabireba” yateye inda umunyeshuri witwa Ruth Muhayimana amushukishije kumufasha,ariko akaza kumwihakana no kumutererana nk’uko byagiye bitangazwa mu bitangazamakuru bitandukanye. Mu mpera z’iki cyumweru umunyamakuru wa impamba.com, yaganiriye na Ruth Muhayimana washyize Uwiringiyimana Theogene Bosebabireba ku karubanda agira ati"nyuma yo guhura n’ubuzima bukarishye kandi bunashaririye kubera gutereranwa na Bosebabireba Theogene Uwiringiyimana wanteye inda anshukishije ibikoresho by’ishuri bi