Author: admin

Afurika ni umugabane wahawe umugisha n’Imana ariko bikaba bibabaje kuba ari wo ukennye-Musenyeri Kayinamura

Afurika ni umugabane wahawe umugisha n’Imana ariko bikaba bibabaje kuba ari wo ukennye-Musenyeri Kayinamura

Amakuru, Uburezi
Ibi ni ibyatangajwe na Musenyeri Kayinamura Samuel ukuriye inama y’Abaprotestanti, ubwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mata 2018 mu Rwanda hatangiraga inama mpuzamahanga y’akarere k’ibiyaga bigari yiga ku ndangagaciro mu burezi bwo mu mashuri y’Abaprotesitanti no kubaka umuco w’amahoro mu mashuri yo mu Rwanda ,Congo Kinshasa n’u Burundi. Afungura iyi nama Madame Kabatesi Emerithe,ushinzwe amahugurwa mu mashuri yigisha kwigisha, yavuze ko uburezi ari yo nkingi y’iterambere rirambye ryafasha aka karere mu gusohoka mu bibazo bitandukanye kagiye gacamo birimo intambara n’ubukene,aboneraho gusaba abitabiriye inama kuba imbarutso n’urumuri mu kubaka amahoro muri aka karere . Musenyeri Kayinamura Samuel ukuriye inama y’Abaprotestanti mu Rwanda mu ijambo rye yavuze ko Afurika ari umu
Rwamagana:Haravugwa ababyeyi banga gufata imfashanyo zigenerwa abana bagaragaweho ibibazo by’imirire mibi

Rwamagana:Haravugwa ababyeyi banga gufata imfashanyo zigenerwa abana bagaragaweho ibibazo by’imirire mibi

Amakuru, Ubuzima
Abaturage bo mu mujyi wa Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko hari abana bafite ibibazo by’imirire mibi mu gihe hari ababyeyi bigaragara ko badashaka kwitabira gahunda zashyizweho mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi. Umudugudu wa Kabuye ni umwe mu midugudu urimo ikibazo cy’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi, ni bo barimo gukurikiranwa n’abajyanama b’ubuzima basanze bari mu ibara ry’umutuku abandi 4 bari mu ibara ry’umuhondo Umwe mu bajyanama b’ubuzima avuga ko bahangayikishijwe n’uko hari abana bagaragayeho ikibazo cy’imirire mibi, ariko ababyeyi babo bakaba badashaka gufata imfashanyo bahabwa Uyu mujyanama aragira ati “dufite ikibazo cy’ababyeyi badashaka gukurikiza gahunda zo gufasha abana gahunda yo kuboneza imirire kuko tubabwira kujya gufata ifu
Abahanzi nigiraho ni benshi ariko uwo mfatiraho urugero n’umwe gusa– Ngarukiye

Abahanzi nigiraho ni benshi ariko uwo mfatiraho urugero n’umwe gusa– Ngarukiye

Imyidagaduro
Ngarukiye Daniel,umuhanzi uzwiho gukoresha ibihangano bya gakondo nyarwanda uwo afatiraho urugero ni nyakwigendera Sentore Athanase gusa. Ngarukiye ni umuhanzi w’Umunyarwanda utuye mu Bufaransa, ariko agakorera muzika mu Bubiligi. Mu kiganiro yagiranye na Impamba.com, Ngarukiye yavuze ko hari abahanzi benshi yigiraho byinshi, ariko uwo afatiraho urugero ari umwe rukumbi. Avuga ko haba kuririmba, gucuranga no guhamiriza byose abikomora kuri Sentore kuko ari we watumye aba uwo ari uyu munsi, ati “Njyewe umuhanzi mfatiraho urugero ni umwe gusa ni Sentore Athanase kuko ni we watumye mba uwo ndiwe uyu munsi, ariko abo nigiraho ni benshi nka Rujindiri, Kabarera Viateur, Bwanakweri mu Rukerereza, Muyango, Masamba, Sophia, Sebatunzi na Uwera Florida”. https://www.youtube.com/watch?v=W
Abashinzwe imikino y’abafite ubumuga bagiye gukorera ku mihigo

Abashinzwe imikino y’abafite ubumuga bagiye gukorera ku mihigo

Imikino
Mu nteko rusange ya Komite y’Igihugu y’Imikino y’abantu bafite ubumuga (NPC Rwanda) yateranye kuri uyu wa Gatandatu, bimwe mu byemejwe harimo kuba abashinzwe imikino mu turere bagiye kujya bahiga. Murema Jean Baptiste Perezida wa NPC Rwanda yabwiye abanyamakuru ko buri gace k’u Rwanda gashobora kugira umukino gateza imbere kandi ugahiga iyindi.Aha yatanze urugero nko mu Karere ka Rubavu aho umukino wo koga ushobora guhabwa imbaraga ugakomera ku rwego rw’igihugu, kimwe n’uko mu Karere ka Gicumbi umukino wo gusiganwa ku maguru (athletics) ushobora kwitabwaho hakajya havayo abakinnyi bakomeye. Rugwiro Audace ukuriye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’igingo (Football amputee) we yavuze ko icyo azahiga ari ukugira abakinnyi bakomeye bahatana ku rwego mpuza
FERWAFA yabonye umuyobozi mushya

FERWAFA yabonye umuyobozi mushya

Imikino
Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, (FERWAFA), muri manda y’imyaka ine atsinze Rurangirwa Louis bari bahanganiye uyu mwanya. Aya matora yo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Werurwe 2018, abaye asubiyemo nyuma y’aho abanza yari yabaye ku wa 30 Ukuboza 2017 yarangiye habuze utsinze hagati ya Nzamwita Vincent De Gaulle na Rwemalika Félicité. Brig. Gen. Sekamana wari uherutse gusezererwa mu gisirikare, yatsinze ku majwi 45 mu gihe Rurangirwa bari bahanganye yagize amajwi arindwi, imfabusa iba imwe. Abanyamuryango 53 nibo batoye, aho mu gutora hinjiraga umuntu umwe umwe mu bwihugiko agatora batamureba akazana urupapuro rw’itora mu gakangara kabugenewe imbere ya komisiyo y’itora. Ubwo yiyamamazaga, Sekamana yavuze k
Ikipe y’u Rwanda ya Taekwondo yaserukanye ishema muri Maroc

Ikipe y’u Rwanda ya Taekwondo yaserukanye ishema muri Maroc

Imikino
Ikipe y’u Rwanda ya Taekwondo na Parataekwondo yaserukanye ishema mu mikino ya Afurika ibera muri Maroc yegukana imidali ku munsi wa mbere. Muri aba bakinnyi umwe mu bafite ubumuga yegukanye umudali wa zahabu ari we Rukundo Consolée nk’uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha Bagabo Placide Umuyobozi w’Ishyirahamwe rya Taekwondo mu Rwanda. U Rwanda rwatangiye rwegukana imidali 11 Para-Taekwondo (Taekwondo ikinwa n’abafite ubumuga) Rukundo Consolee (Gold/Zahabu) Bizumuremyi Jean Marie Vianney (Umuringa/Bronze) Jean de la Croix Nikwigize “Bronze” Mu kwiyereka (Pumsae) Uwayo Clarisse: Bronze 2 Kayitare Benon : 1 bronze + 1 silver (Ifeza) Boniface Mbonigaba : 1 bonze + 1 silver Bagire Allain Irene: 1 bronze Martin Koonce : 1 bronze Iyi mikino izasozwa k
Kwamamaza

Kwamamaza

Inkuru Zamamaza
Kicukiro: Transit Guest House yakemuye ikibazo cy’ababuraga aho kuruhikira Ubuyobozi bwa Transit Guest House, buremeza ko kugeza ubu abatuye aka karere ndetse n’abakagana ubu kubona aho bacumbika bitakiri ikibazo, kuko yamaze kubafungurira ahantu heza ho kuruhukira, igihe waba wumva umubiri wawe ushaka kuruhuka. Bakameza bavuga ko kubera ubwiza bwaho, burangwa na service zihatangirwa ndetse n’amahumbezi ahari, ushobora kuharuhukira igihe gito cyangwa igihe kirekire, kuko ibiciro byabo biterwa n’uko waje wifite. Transit Guest House, iganwa n’ingeri zitandukanye, haba abari mu ngendo, abari mu kazi, abashaka kuharuhukira n’abakunzi babo, ndetse n’abandi. Transit Guest House, iherereye inyuma gato ya Hotel Classic iri Sonatube, ku muhanda wa KG 657 ST, ugatambika nka metero umunani gusa, uhit
Kigali: Yatangiye yigishiriza abanyeshuri muri salon iwe arateganya gushinga Kaminuza

Kigali: Yatangiye yigishiriza abanyeshuri muri salon iwe arateganya gushinga Kaminuza

Amakuru, Uburezi
Mutiganda Jean de la Croix, n’umuturage utuye mu murenge wa Bumbogo akarere ka Gasabo, yatangiye yigisha abana b’incuke iwe muri salon amaze gushinga ishuri, arifuza Kaminuza.   Mutiganda n’umugabo ufite umugore n’abana batatu, yize amashuri abanza gusa, aza no kwiga umwuga w’ubwubatsi. Aho atuye mu mudugudu wa Kiriza akagari ka Nyabikenye, muri Bumbogo, yaje kubona abana baho bandagaye cyane, kuko batagiraga aho bigira, ahitamo gutangira kubigishiriza muri salon ye. Ati “wabonaga bibabaje cyane, abana bazindukaga bandagaye aho ababyeyi bagiye gushaka imibereho, bikambabaza cyane, mfata icyemezo cy’uko ngiye gutangira gukora uko nshoboye nkagira icyo nkora”. Yaje gusaba umukobwa we wari urangije amashuri yisumbuye, amwemerera ko azajya amuha amafaranga yo kwifashisha agura amavuta yo
Uburyo butandukanye bwo guhagarika impiswi byihuse

Uburyo butandukanye bwo guhagarika impiswi byihuse

Amakuru, Ubuzima
Impiswi ni indwara ikunze kuzahaza abantu iyo bayirwaye ndetse uretse kuba uyirwaye aba ajyaku musarane buri kanya, itera umwuma ushobora no guhitana uyirwaye Muri iyi nkuru tugiye kubereka uburyo butandukanye wahagarika impiswi mu buryo bwihuse kandi bworoshye. Umutobe w’indimu Indimu igabanya uburibwe bwo mu nda ikoza amara igafasha mu guhagarika impiswi. Vitamine C iba mu ndimu ituma umubiri ubasha gukora imyunyu ngugu ihagije umubiri uba ukeneye. Uyu mutobe kandi urinda umubiri umwuma ukunze kuzahaza abarwaye impiswi. Umuceri na Karoti Amazi y’umuceri akora akazi gakomeye mu mara bityo akaba yahagarika impiswi, mu gihe karoti zo zifitemo ubushobozi bwo kugabanya umuvuduko wo gusohoka k’umwanda mu mara.Mu gihe rero wafashwe n’impiswi, ushobora guteka umuceri uvanze na karoti hanyum
Abaturage 70 mu karere ka Rusizi barataka basaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye

Abaturage 70 mu karere ka Rusizi barataka basaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye

Amakuru, Mu Rwanda, Ubukungu
Abaturage 70 bo mu Murenge wa Nkungu baravuga ko imyaka itatu ishize barakoze umuhanda wa Cyamudongo-Nkungu ariko rwiyemezamirimo ntabahembe amafaranga yose, bagasaba ko yakurikiranwa akabishyura. Aba baturage bemeza ko bahembwe ariko ntibahabwe amafaranga yose, rwiyemezamirimo akabizeza ko azabishyura akarere kamwishyuye ariko ntibaje kumenya aho yaciye kugeza n’ubu ntibaramuca iryera. Hakizimana Philbert ati “Ikibazo dufite ni icy’uyu muhanda twakoze rwiyemezamirimo ntiyaduhemba, imyaka itatu irashize twishyuza. Njyewe bandimo ibihumbi 30 n’umugore wanjye bamurimo ibihumbi 18. Twakoze gutyo rwiyemezamirimo arahagarara.” Aba baturage bavuga ko kutishyurwa byabagizeho ingaruka mbi zirimo kutabona ubwisungane mu kwivuza no kutarihirira abana babo ishuri ndetse bamwe bibaviramo kugu