FERWAHAND yiteguye gusubukura imikino imaze guhabwa Uburenganzira na Minisiteri

Police Handball Club na APR ni amwe mu makipe akunze guhatanira igikombe ku mukino wa nyuma

Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda (FERWAHAND) rirateganya gusubukura ibikorwa bya siporo ryubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ariko bikazatangira nyuma yo guhabwa uburenganzira na Minisiteri ifite Siporo mu nshingano zayo.

Ibi, ni ibyatangarijwe itangazamakuru nyuma y’inama nyungurana bitekerezo n’abafatanyabikorwa ba FERWAHAND bagizwe n’amakipe,abatoza,abasifuzi n’abandi bafite aho bahuriye n’ibikorwa bya Handball mu Rwanda.

Inama nyunguranabitekerezo n’abafatanyabikorwa ba FERWAHAND yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya  Coronavirus  Kucyumweru tariki ya 28 Gashyantare 2021, iteganya ko shampiyona ya Handball izatangira tariki ya 24 Werurwe 2021,ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

FERWAHAND ikaba yashyize hanze “calendrier” y’imikino iteganya muri uyu mwaka wa 2021, ubu igitegerejwe ni uko Minisiteri ifite siporo mu nshingano zayo iyemera.

Bimwe mu bikorwa bya Handball bizabimburira ibindi

Utabarutse Théogène, Perezida wa FERWAHAND aratangaza ko ibyo bavuze mu nama nyunguranabitekerezo, ari ibyifuzo by’abanyamuryango ariko bizashyirwa mu bikorwa  nyuma yo kwemerwa na Minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo.

Bimwe mu bikubiye mu ngamba abafatanyabikorwa ba  FERWAHAND bafashe kugira ngo imikino izasubukurwe hubahirizwa amabwiriza yo kwinda COVID-19, harimo: Gupimisha abakinnyi n’abatoza n’abandi bazajya bagaragara ku myitozo y’ikipe bizajya bikorwa n’ibitaro byemewe na Leta  kandi bikamenyeshwa FERWAHAND mbere y’iminsi ibiri y’uko bajya kwipimisha, ku  bufatanye na Minisiteri ya Siporo , Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda rizajya risabira uburenganzira  ikipe bwo gutangira imyitozo, buri wese uzitabira imyitozo agomba gukaraba intoki mbere yo gutangira imyitozo ndetse no mu gihe isojwe hakiyongeraho gupimwa umuriro mbere yo gutangira imyitozo.

Ubuyobozi bwa FERWAHAND butangaza ko ingamba zose zo kwirinda COVID-19 bazifashe kugira ngo bazemererwe gusubukura imikino.

Utabarutse uyobora FERWAHAND afashe ijambo mu isozwa ry’imikino y’umunsi w’Intwari yabereye i Gicumbi muri 2019

Amakipe ku  ikubitiro ashobora kuzitabira iyi mikino  ya Handball mu gihe Minisiteri izaba yatanze ubwo burenganzira  ni: Police Handball Club, APR Handball Club, Gicumbi Handball Club na Nyakabanda Handball Club.

Ibikorwa b’imikino byahagaze kuva icyorezo cya Coronavirus cyagaragara mu Rwanda muri Werurwe 2020.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll Up