Indirimbo z’Umuhanzi w’Umunyarwanda Ras Banamungu zaciye agahigo ku maradio yo mu mahanga

Umuhanzi Ras Bamungu umuziki we urakunzwe ku maradio yo mu mahanga

Idi Ras Banamungu umuhanzi w’Umunyarwanda uba muri Australia, indirimbo ze ziri kuri alubumu yise “I Am Messenjah” zaje ku isonga mu ndirimbo zacuranzwe cyane ku maradio atandukanye yo ku isi.

Indirimbo “I Am Messenjah” yitiriye alubumu ye yacuranzwe ku maradio  yo ku migabane itandukanye y’isi nka Amerika, Uburayi na Aziya.

Indirimbo za Ras Banamungu zumvukanye ku maradio yo mu bihugu  bitandukanye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika (ku maradio yo muri za Leta zitandukanye), Ubuyapani, Brazil,Australia, Ukraine, Ubushinwa, Uburusiya, Singapore, Hongria, Poland, Philippines  n’ahandi mu gihe cy’ukwezi kumwe nk’uko icyegeranyo cyakozwe muri Nyakanga 2019 kibigaragaza.

Ras Banamungu muri Australia ni umwe mu bantu bubashywe bitewe n’umusanzu atanga mu buvuzi nyurabwenge bwifashisha ubuhanzi (ARTISTIC THERAPY).

Ras Banamungu avuga ko yishimira urwego umuziki we umaze kugeraho kandi mu buzima bwe akaba ahora aharanira kwiyungura ubumenyi kugira ngo ibyo akora birusheho gutera imbere.

Ras Banamungu amaze kubona ibihembo byinshi abikesha gukora ibihangano by’umwimerere.

Alubumu yitwa “I Am Messenjah” ya Ras Banamungu The Akademia yayihaye igihembo nka Alubumu nziza

Amafoto

Uko indirimbo za Idi Ras Banamungu zacuranzwe
Ras Banamungu akuriye itsinda ryitwa the Det-n-ators International indirimbo ze zikomeje gukundwa mu mahanga
Igihembo Ras Banamungu aherutse guhabwa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *