
Nyuma y’aho mu idini rya “EDNTR” hashize iminsi bigaragara ko uwitwa Bishop Nyirinkindi Euphraim umaze igihe mu buyobozi na Bishop Twagirimana Charles barwanira kuyobora iri dini, ikinyamakuru impamba.com cyakusanyije amakuru mu bakristu batandukanye bagihamiriza ko aba bose bafite imiziro itabemerera kuba abavugizi b’iri Torero.
Muri uku gukusanya aya makuru icyo aba bakristu bagarukaho ni uko Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB) rukwiriye gukora ibishoboka byose kugira ngo Bishop Nyirinkindi na Bishop Twagirimana bose ntihazagire uwemererwa kuyobora “Église de Dieu du Nouveau Testament au Rwanda” (EDNTR) (rizwi ku izina ry’aba de Dieu) kubera ibyo banengwa birimo kutaba inyangamugayo.
Ikinyamakuru impamba.com cyavugishije Bishop Nyirinkindi na Bishop Twagirimana Charles
Bishop Nyirinkindi yagize ati”ninjye Muvugizi w’aba de Dieu (EDNTR) wemewe n’itegeko kuko nasohotse muri Journal Officiel , Charles naramuciye kuko yanyereje umutungo w’Itorero,ambeshyera andega ivangura ry’amoko, ahoza itorero mu nkiko”.
Bishop Charles nawe yagize ati”ninjye Muvuguzi w’aba de Dieu (EDNTR) ,natowe n’inteko rusange yo kuwa 28 Mata 2019, nihuje n’itegeko rishya, Niyirinkindi nta bubasha afite bwo kunyirukana, agira ivangura ry’amoko, yagurishije imitungo y’itorero aranashaje”.
Ijisho ry’umunyamakuru ryabonye byinshi
Nyuma yo kumenya umwiryane n’amakimbirane biri mu idini rya “Aba de Dieu” (EDNTR) n’inkuru zigatangazwa, ijisho ry’umunyamakuru ryakomeje kureba kure no gukomeza gucukumbura hamenyekana byinshi.
Bishop Twagirimana Charles arashinjwa gushaka guhurika ubutegetsi bw’Itorero (EDNTR) ari byo bise “Coûp d’Eglise”
Mu byo Bishop Charles ashinjwa harimo guhirika ubuyobozi bw’Idini, agashyiraho ubuyobozi bwe bwiganjemo abaturutse mu yandi madini kugira ngo baze abahe imyanya ikomeye mu idini, agahita agurisha ikibanza, akirukana Umuyobozi wa Groupe Scolaire ya Mwegera wari warashyizweho na Bishop Nyirinkindi Euphraim Thomas agashyiraho uwe uzamushyikiriza raporo yifuza.
Ngo ibyo byose byakozwe Bishop Charles abifashijwemo n’abantu batazwi mu idini ry’aba “de Dieu” baje bagamije kwigabiza imitungo yose y’idini, ariko n’ubundi ubwo bufatanye ntibwarambye kuko bamwe ngo ntibumvikanye uko bazagabana inyungu n’imitungo bashakaga muri EDNTR bamwe muri bo bandika begura ko bavuye kuri Bishop Charles Twagirimana mu ibaruwa impamba.com ifitiye kopi yo ku wa 5/Gashyantare2017/
Amakosa Bishop Nyirinkindi ashinjwa ni agahishyi
Bishop Nyirinkindi Euphraim Thomas ngo ashinjwa kunyereza akayabo k’amaturo n’imisanzu y’abakristu n’ibindi byaha byo kugurisha ibibanza by’itorero rya EDNTR, guhutaza abanyetorero, gukoresha umutungo w’Itorero ku nyungu ze bwite, kubiba amacakubiri,kunanirwa gufunguza urusengero ruri mu Karambo mu Murenge wa Gatenga rugifunze kuva haba umukwabu wo gufunga amadini adafite inyubako zijyanye n’icyerekezo cy’Igihugu kandi ariho hari icyicaro gikuru n’ivangura ry’amoko nubwo byose ubwo umunyamakuru wa impamba.com yamusuraga yabihakanye akavuga ko ari ukumuhimbira kuko yarwanyije ivangura kera ku Butegetsi bwa Habyarimana.
Ibishingirwaho havugwa ko Bishop Nyirinkindi na Bishop Charles badakwiriye kuba abizerwa mu Itorero
✓Gusuzugurana bikabije no guhora bahanganye kandi bidakwiriye Abashumba b’intama z’Imana (abayoboke ba EDNTR)
✓Bashinjanya kurigisa ibibanza by’itorero no kwigarurira imyanya n’imitungo y’itorero,
✓Bashinjwa kugira ivangura mu gihe ibyo binyuranye na Politike y’Igihugu.
✓Guca ibice mu bakristu ba EDNTR.
Umwanzuro
Urwego rw’imiyoborere (RGB) na “Alliance” ari ryo Ihuriro ry’Amatorero n’amadini ya Gikirisitu mu Rwanda bakwiye gutabara, bagasuzuma bahereye mu mizi iby’aba ba Bishop bavuga ko ari abakozi b’Imana kandi inyungu zabo ari zo ziri imbere ya byose, kandi ngo baciyemo abakristu ibice bibiri bihora birebana ay’ingwe.
Amafoto





Impamba mwaje muje rwose mbega mbega nakumiro
njye ndabona aba ba Bishop bombi batari tayari ahubwo RGB Urwego
rw’Igihugu rw’imiyoborere rubafate baryozwe kurubeshya
nkunze ubucukumbuzi umunyamakuru yakoze.
aho mugaragaza mu inkuru,
Ibishingirwaho havugwa ko Bishop Nyirinkindi na Bishop Charles badakwiriye kuba abizerwa mu Itorero
✓Gusuzugurana bikabije no guhora bahanganye kandi bidakwiriye Abashumba b’intama z’Imana (abayoboke ba EDNTR)
✓Bashinjanya kurigisa ibibanza by’itorero no kwigarurira imyanya n’imitungo y’itorero,
(✓Bashinjwa kugira ivangura mu gihe ibyo binyuranye na Politike y’Igihugu.)??????????
✓Guca ibice mu bakristu ba EDNTR.???
Rwose mwagaragaje Ukuri.
mutubwire nandi manyanga abera muyandi madini ubundi
RIB na RGB buriya yabiteye imboni
Leta ibakurikirane kuko niba abari kuri ziriya nyandiko ziriho noteri
atari abayoboke ba ririya dini RGB ntiyemeze ubusabe bwabo ahubwo babibazwe
Mbega gucukumbura were izi nkuru zirakenewe.
Ibaze kubona barasezeye bakagaruka gufata imyanya atari aba member
Koko se Uyu Nyirinkindi yarwanyije ivangura kera ku Butegetsi bwa Habyarimana.?? gute? yayirwanyije ate yarashinzwe iki?
azabivuge nabyo niba mwaraganiriye nawe
Ivangura no kubeshya noteri na RGB babibazwe
Kuki inzego zibishinzwe zitabikurikirana Kandi mwarabigaragaje kuva cyera?
Aba bose bipanze mubuyobozi bwiri dini bansekeje cyane rwose
bakoze “Coûp d’Eglise” yo kwirira imitungo
nkiyo ba Thom bakoze muri ADEPR igihe bavanaho Samuel usabwimana wari Umuvuguzi
Uyu noteri azabazwe Icyo yashingiyeho abasinyira kandi harimo amanyanga
Mubigaragara Nyirinkindi niwe Muyobozi wiri dini rya edntr bamuhe amahoro.
ndumiwe uyu karoli twagirimana yari yabigezeho nuko yabikoze giswa agashyiramo abacanshuro bo muyandi madini . ariko nibareba nabi RIB izabibabaza.