Kujya mu mihango ntabwo ari ukugira ikibazo-Miss Rwanda

Nimwiza Meghan, Nyampinga w’u Rwanda wa 2019 abana abana b’abakobwa niba muri bo hari uwagiye mu mihango

Nyampinga w’u Rwanda wa 2019, Nimwiza Meghan yibukije abana b’abakobwa ko badakwiye kugira ikibazo kuko bagiye mu mihango, kuko kuyijyamo ari ubuzima busanzwe.

Ibi yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Gicurasi 2019 ubwo mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma hizihirizwaga umunsi mpuzamahanga w’isuku mu mihango.

Umunsi mpuzamahanga w’isuku mu mihango mu Rwanda wizihirijwe mu Karere ka Ngoma

Nyampinga w’u Rwanda avuga ko ntawukwiye guterwa isoni n’uko umubiri we uteye. Meghane avuga ko kujya mu mihango ari ubuzima busanzwe kimwe n’uko umuntu yasonza cyangwa se akagira ibitotsi, ko ari ikimenyetso cyerekana ko umukobwa ari muzima.

Nyampinga Meghan yagize ati “kujya mu mihango ni ibintu bisanzwe nta n’igikuba kiba cyacitse ntitwagatewe isoni rero n’uko imibiri yacu iteye”.

Uyu nyampinga asanga icyaba ikibazo mu gihe cyo kujya mu mihango ari uko yaza umwana atazi ibyo ari byo kandi iryo kosa rikaba ridakwiriye kuba iry’abana ahubwo ari iry’ababyeyi bataba babasobanuriye mbere y’igihe imikorere y’umubiri wabo.

Andi mafoto

Abanyeshuri ba EP Kigarama bari bishimiye uyu munsi
Abayobzi babanje gutaha icyumba cy’umwana w’umukobwa kiri ku ishuri rya EP Kigarama
Nyuma bafashe ifoto y’urwibutso
Abakinnyi b’Urunana nyuma yo gukina umukino ugaragaza ko umukobwa wagiye mu mihango agomba kubyakira, biyeretse abaturage na Rurenge

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *