Ikipe ya Musanze y’abafite ubumuga iyoboye shampiyona y’umupira w’amaguru

Musanze ihatana na Vision Jeunesse Nouvelle

Ikipe ya Musanze y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’igingo (Amputee Football) ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 6 nyuma yo gutsinda Vision Jeunesse Nouvelle y’i Rubavu ibitego 4 ku busa mu mukino wabaye mu mpera z’icyumweru.

Ubwo iyi shampiyona yari igeze ku munsi wa kabiri Musanze ni yo yari yakiriye Vision Jeunesse Nouvelle.

Kugeza ubu “Musanze Amputee Football Club (AFC)”  ikaba ari yo iyoboye urutonde rwa shampiyona  ya  “Amputee Football” nyuma yo gutsinda Kigali Amp.FC na Vision Jeuness Nouvelle,  naho mu bamaze gutsinda ibitego byinshi akaba ari Ndahiro Jean Claude bakunze kwita Daddy G kuko ubu afite ibitego  6 akaba akinira ikipe ya Musanze y’abafite ubumuga nk’uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha Rugwiro Audace, Umuyobozi wa “Rwanda Amputee Association”.

Umutoza wa Musanze Amp.Fc  ari we  Mandela  yavuze ibanga yakoresheje kugira ngo atsinze Vision Jeunesse Nouvelle ati “ibanga ryo gutsinda ni uko twiteguye neza  umukino ndetse n’abakinnyi  tukabategura mu mutwe ko bagomba kuzana intsinzi uyu munsi  igice cya mbere cyatugoye tukiga ikipe, ariko mu gice cya kabiri twahinduye “tactique” ibyo nabwiye abakinnyi  babishyize mu bikorwa  twegukana insinzi ubu tugiye kwitegura neza  indi mikino dusigaje kugira ngo tuzabashe  kwegukana  igikombe cy’uyu mwaka ”.

Umutoza wa Musanze Amp.Fc ari we Mandela

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru w’abafite ubumuga mu Rwanda ari we Rugwiro Audace yavuze ko bazakomeza guteza imbere uyu mukino no mu tundi turere  utarageramo kugira ngo abafite ubumuga bagire amahirwe yo gukina umupira w’amaguru ariko  banagaragariza Abanyarwanda  ko abafite ubumuga  bashoboye iyo bahawe amahirwe  nk’ay’abandi.

Abakinnyi ba Musanze n’aba VJN y’i Rubavu
Ikipe ya Musanze

Abakinnyi babanje gusuhuzanya

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *